Siporo nziza kuri buri kigero cy'umwana

Ushobora gusanga iyo havuzwe ibyerekeye imyitozo ngorora mubiri duhita dutekereza ko bireba abakuze gusa tukirengangiza ko abana nabo hari izabagenewe ugendeye ku myaka yabo.

Nubwo ahanini tureka abana bagakina uko babyumva ariko kumuyobora muri siporo akora ni ingenzi kuko bimufasha gukora izijyanye n’ikigero cye, itamuteza akaga kandi akanarushaho gutahura impano yifitemo.

Muri iyi nkuru twaguteguriye ubwoko bunyuranye bwa siporo bujyanye n’ikigero cya buri mwana ndetse n’uburyo ugomba kumufashamo.

Sport nziza ku mwana




  1. Kuva avutse kugeza afite imyaka 2




Hano nta siporo yihariye umwana asabwa gukora kuko imikurire ye n’ibyo akora bihagije gutuma umubiri we ukomera. Muri iki kigero niho yigira kwicara, guhaguruka, gukambakamba no kugenda. Ibyo akora nibyo bimutegurira uko azaba nyuma y’iyi myaka.


  1. Imyaka hagati ya 2 na 5




Muri iki kigero umwana aba amaze kumenya kugenda neza, azi kwirukanka mu kigero cye gusa nanone aba atarageza imyaka yo kuba yakora siporo zisaba amategeko runaka. Siporo umwana wo muri iki kigero asabwa gukora ni izo kwishimisha gusa nanone zimufasha gufunguka mu bwonko n’umubiri ugakora neza.

Sport nziza ku mwana uri muri iki kigero ni:

  • Kwiruka

  • Gukirana (hano aba akirana n’urungano cyangwa abamuruta gato, usabwa kuba hafi kugirango hatavamo kurwana cyangwa izindi mpanuka)

  • Koga (byibuze ageze ku myaka 3, aho usabwa kuba hafi y’aho yitoreza ndetse waba nawe ubizi ukaba ari wowe umwitoreza)

  • Kuva ku myaka 3 kandi ushobora kumwigisha gutwara igare ukoresheje amagare yagenewe abana


Buri kigero cy’abana kigira siporo ikibereye



  1. Imyaka hagati ya 6 na 9




Uko umwana agenda akura niko ubwonko bwe nabwo bugenda bwaguka ndetse bukanabasha kugendera ku mategeko amwe n’amwe yerekeye imikino.

Mu mikino uyu mwana aba ashobora kumenyerezwa harimo:

  • Gusimbuka umugozi

  • Igororangingo (gymnastic)

  • Koga

  • Tennis

  • Umupira w’amaguru (udakurikiza amategeko nk’asanzwe)

  • Imikino y’imipira ku bakobwa (gupikanwa, tayari,…)

  • Imikino njyarugamba (karate n’indi nka yo)


Aha usabwa gukurikirana byihariye buri myitozo y’abana ndetse kuko baba ari abana bageze mu myaka y’ishuri ukabaha umwanya wa siporo ariko ukanabahwiturira kwiga no gusubiramo ibyo bize

Muri iyi myaka umwana ashobora gukina karate
 


  1. Imyaka hagati ya 10 na 12




Muri iki kigero uba umaze gusobanukirwa sport nziza ku mwana, akunda ndetse ashoboye kurenza izindi. Hano ashobora no gukina imikino ifite amategeko yihariye nka basketball, volleyball, hockey, na football. Kandi ntiwanareka gukomeza kumukurikirana mu mikinire ye kuko aracyakeneye kutinaniza cyane, no kwirinda impanuka zinyuranye.

Kuri iyi myaka imikino yose umwana aba ashobora kuyikina

Mube hafi


Kuba hafi umwana muri siporo zaba izo akora wenyine, izo mukorana cyangwa atozwa n’ababihugukiwe bizamufasha muri byinshi. Niba ari izo akora ari kumwe n’abandi, ushobora gusanga umutoza abakankamira cyangwa se yita cyane ku babyumva cyane, aha rero iyo utari hafi ngo ubimenye ushobora gusanga umwana azinukwa siporo ndetse anayanga.

Ni byiza by’umwihariko ko siporo wowe uzi neza kandi ukunda ariyo ufasha umwana gukora kugirango abone agaciro kayo. Naho kumujyana koga mukavayo muri mu modoka bugacya wikomereza akazi umwana ntazasobanukirwa niba siporo ifitiye akamaro abantu bose.

Ikindi nanone uhe agaciro ingufu z’umwana n’ikigero cye. Ntabwo abana bakura kimwe ni nayo mpamvu utagomba kumushyiraho igitugu n’igitutu mu gukora siporo runaka.

Muri buri siporo jya ubanza wibaze ibi bibazo:

  • Ese iyi siporo umwana ari buyikunde?

  • Sport ijyanye n’ikigero cye?

  • Ese niba ari abana benshi, buri mwana ari bugire umwanya we wo gutozwa no kwitabwaho?


Irinde kumenyereza umwana siporo imwe gusa akiri muto. Mureke akore siporo zose, iyo ashoboye kurenza izindi izagenda yigaragaza.

Gusa buri gihe cyose ibuka kandi uzirikane ko siporo itabereyeho kutunaniza ahubwo ibereyeho kudukomeza no gutuma tugira ubuzima buzira umuze. Nyuma ya buri siporo ganiriza umwana, umuhe icyo anywa cyangwa arya cy’umwimerere kugirango ingufu yatakaje zigaruke.

Nanone kandi wibuke kumuba bugufi no kumurinda gukina n’abamuruta cyane kugirango bitaza kuvamo impanuka zinyuranye.

Comments