Imwe mu mitobe ifite akamaro kihariye n'uko ikorwa

Mu mirire yacu usanga bamwe badakunze gukoresha imbuto nubwo baba babizi ko ari nziza ndetse zikaba ingenzi mu kuduha intungamubiri zinyuranye, akarusho zikaba n’ifunguro ritarushya gutegura kuko imbuto ntibisaba kuziteka, uarura uhita urya cyangwa ukazigura uhita wirira nyuma yo kuzisukura.

Benshi bitwaza ko imbuto zihenze abandi bati imbuto se wazirya abana bakarya iki? Nyamara burya imbuto zigenda zigirira akamaro kanyuranye umubiri wacu.

Muri iyi nkuru tugiye kuvuga ku mitobe inyuranye wategura ikagira akamaro kihariye iguha. Aha impamvu tuvuga imitobe ni uko imitobe bidasaba guhekenya, uwukora uhita unywa kandi igifu ntibikigora kuyigogora bityo intungamubiri zirimo ntihagire izitakara na zimwe.


  1. Umutobe urinda gusaza




Aha si ukubuza imyaka yawe kwiyongera ahubwo uyu mutobe kuwkukoresha birinda uruhu rwawe kuba rwagaragaza gusaza nko kuzana iminkanyari cyangwa gukanyarara. Stress, imyanda iva mu mubiri, imirasire y’izuba n’imyuka ihumanya ikirere biri muri bimwe bitera uruhu gusaza.

Ibikoresho:

Mu gutegura uyu mutobe usya ibikurikira:

  • Agakombe n’igice k’amazi cyangwa amata y’inshyushyu

  • Umukamato w’inkeri utazibonye ukoresha maracuja irobo

  • Ikibabi kimwe cya sukumawiki (kale) ariko ugakuraho cya kindi cyo hagati gikomeye

  • Beterave iringaniye


Nyuma yo gusya ushobora kuyungurura cyangwa ukabinywa utayunguruye uhitamo icyo ushaka


  1. Kwitwara neza mu buriri




Nubwo hari ibindi uzi bifasha mu kwitwara neza mu buriri harimo na shokola ariko siko byose bibasha gukorwamo imitobe. Nyamara kandi hari imboga n’imbuto bizwiho kukongerera akabaraga n’ubushake ndetse no kuzamura ibyiyumviro byawe.

Izo mbuto n’imboga wakoresha ugasya ni:

  • Igikombe cy’amata

  • Uduti 2 twa seleri nini

  • Igice cy’umuneke

  • Tangawizi ntoya

  • Igisate cya avoka

  • Umwenya wuzuye amashyi




  1. Kongera ingufu




Niba wumva wacitse intege, uri guhondobera, aho kwihutira kunywa ibinyobwa byongera ingufu ahubwo wafata imboga n’imbuto biseye mo umutobe.

Wakoresha:

  • Concombre imwe nini

  • Uduti 8 twa seleri

  • Sukumawiki zuzuye amashyi (ubanza kuzikatamo duto)

  • Epinari zuzuye amashyi

  • Igisate cy’indimu

  • Akajumba gato ka tangawizi


Wongeramo amazi kugirango ubashe kubisya neza kandi birekure


  1. Niba ukunda ibiryohera




Hari abantu bikundira ibiryoshye. Aho kunywa amasukari menshi hari imitobe wategura ukaryoherwa utiriwe wongeramo isukari.

Ibyo gukoresha:

  • Pome 2

  • Uduti 8 twa seleri

  • Akayiko gato ka cinnamon


Wongeramo amazi kugeza birekuye bikabasha kuyungururika


  1. Kongera ubudahangarwa




Uyu ni umutobe wanywa ubundi ukaba wongereye ingufu ubudahangarwa bwawe kuko ukungahaye kuri vitamini C izwiho gutuma insoro zera ziyongera mu mubiri kandi ni zo basirikare b’umubiri

Wakoresha:

  • Beterave ntoya imwe

  • Karoti 3

  • Uduti 8 twa seleri

  • Ibibabi 3 by’ishu

  • Tungurusumu udutete 2


Aha naho wongeramo amazi


  1. Kurwanya stress




Niba wumva udatuje umunabi wagufashe ukeneye umutobe ugufasha kuzamura igipimo cya tryptophan izwiho gutera akanyamuneza.

Ibyo gukoresha:

  • Amashyi abiri ya epinari

  • Ibibabi 3by’ishu

  • Uduti 4 twa seleri

  • Karoti 2




  1. Igogorwa




Niba wariye bikaba bitari kugogorwa neza cyangwa wagize impatwe, uyu mutobe uzagufasha kubasha kugogora neza ibyo wariye

 

Ibyo gukoresha

  • Igisate cy’ipapayi

  • Ibibabi 3 bya sukumawiki

  • Ikibabi 1 cy’ishu

  • Tangawizi akajumba gato

  • Indimu imwe


Urabisya ugashyiramo amazi nabyo kugirango bibashe kuyungururika.

 

Si iyi mitobe gusa ifite akamaro ariko ni yo twahisemo aka kanya.

Mugire ubuzima bwiza


Comments